jeudi 5 mars 2009

IMIKINO!!

Abakinnyi 4 bakina mu makipe 4 atandukanye muri shampiyona y’igihugu bahagaritswe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) bazira kuba batujuje ibyangombwa bibemerera gukina mu Rwanda. Abo bakinnyi ni Salum Selemani wakiniraga ikipe y’Amagaju FC, Nelly Mayanja wabaga muri AS Kigali FC, Alex Mubiru w’ikipe ya Rayon Sports na Kassim Hassan Ndugwa wakinira Kiyovu Sports. Nk’uko bigaragara mu ibaruwa FERWAFA yandikiye amakipe yose yo mu cyiciro cya mbere, aba bakinnyi barazira kuba baregwa n’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu gihugu cya Uganda ndetse n’u Burundi kuba baraje mu Rwanda batujuje ibyangombwa byo guhindura amakipe. Ikinyamakuru Izuba Rirashe cyifuje kuvugana n’umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Jules Kalisa ku bijyanye n’ihagarikwa ry’aba bakinnyi ariko ntibyashoboka kuko atashoboye kwitaba telefoni. Aba bakinnyi bakaba barahagaritswe kuva ku munsi wa 16 wa shampiyona kandi ntabwo kuba barakinnye bitemewe n’amategeko bizagira ingaruka ku manota amakipe yabo yabonye akinishije aba bakinnyi. WEBMASTER

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire

Qu'en dites vous/Murabivugaho iki?